vendredi 15 juillet 2016

Ese iyo umuhungu yiroteyeho 3 iminsi itandukanye mu kwezi, ubwo aba nta kibazo afite?

IGISUBIZO: 
Kwiroteraho ni ibiba ku muhungu winjjiye mu bugimbi. Uyu muhungu, asinziriye, igitsina ke kirekura intanga ngabo ziri mu masohoro. Ibyo ni byo byitwa “gusohora”. Ibingibi iyo umuhungu w’ingimbi bitangiye kumuba ho, ni kimwe mu bimenyetso bimubwira ko yagize ubushobozi bwo kuba yatera inda aramutse akoranye n’umukobwa imibonano mpuzabitsina idakingiye; Ibintu aba agomba kwirinda, igihe cyose ataragera igihe yumva ko yabyara umwana.
Kwiroteraho rero, ntabwo bigira umubare runaka bigomba kubaho. Hari umuhungu ushobora kugera mu bugimbi ntiyirotereho. Bibaho, kandi si ikibazo. Hari n’undi wiroteraho gake gashoboka. Ugasanga mu bugimbi bwe bwose yiroteyeho nka rimwe cyangwa kabiri. Na byo nta kibazo. Hari undi bishobora kubaho kenshi mu mwaka. Undi bikaba byamubaho kenshi mu kwezi. Hari n’uwo bishobora kubaho hafi ya buri cyumweru. Cyangwa se n’inshuro zirenze imwe mu cyumweru.
Byose birashoboka, kandi byose ni ibisanzwe.
Icyo nakongereraho ni uko, uko umuhungu agenda akura, ni ko inshuro kwiroteraho byamubagaho zigenda zigabanyuka.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire

INKURU IHERUKA GUSOHOKA

IBINTU 10 ABAGORE BAKORERA MU BURIRI NTIBISHIMISHE ABAGABO Abagabo batandukanye n’abagore. Ibyo abagabo bakunda, usanga kenshi bi...