
IGISUBIZO: Nshuti, reka nkuwbire ko ubusanzwe, kuba mwarigeze kubyara umwana, ntabwo
bivuga ko rwose mushobora gukomeza kubyara, ntabwo bivuga ko nta kibazo na mba
gihari cyangwa se cyavuka nyuma. Oya. Ntabwo ari byo. Kubona umwana umwe
ntimwongere kubasha kubona undi mutabanje kujya kwa muganga ngo mukemurirwe
ikibazo gihari niba bishoboka, ni ibintu bibaho cyane.
AHO IKIBAZO GIKOMERERA:
Iki kibazo gikomera kuko usanga
ababyeyi baba barigeze kubyara, bityo bakizera ko nta kibazo gihari, bigatuma
batihutira kujya kwa muganga igihe batangiye guhangayikishwa n’uko bashaka
gukurikiza undi mwana bikanga, rimwe na rimwe ntibanirirwe bajyayo rwose.
Ikindi gituma iki kibazo gikomerera
ababyeyi cyane, ni uko hari igihe usanga abenshi bibaho ari ababa barabyaye
umwana wa mbere bitabagoye habe na mba. Ugasanga ntibigeze bategereza, cyangwa
se ugasanga umwana wa mbere bari banamusamye bibagwiririye, bumva bataritegura
neza. Ni ikibazo kiba kitoroshye rero mu mitwe yabo, ukuntu noneho bamaze
kwitegura, bifuza umwana, nyamara bakamubura bikanga.
KUNANIRWA KONGERA GUSAMA BIVA KUKI?
Kunanirwa kongera gusama, kandi wari
warigeze kubyara, ibyo ni byo byitwa “secondary infertility”. Bivugwa ko
ibingibi usanga bikunda kubaho kurusha kubura umwana burundu aho umuntu aba
atarigeze agira umwana na rimwe. Ibi na none, ngo bikunda kubaho kurushaho ku bagore
batangira kubyara bakuze.
Niba rero ufite iki kibazo, ukaba
warigeze kubyara umwana wa mbere, ubu ngubu hakaba hashize igihe kirenga
umwaka, wenda tuvuge imyaka ibiri kandi nta buryo bwo kuboneza urubyaro
ukoresha, kandi ubana n’umugabo wawe mukaba mukora imibonano mpuzabitsina ku
buryo busanzwe, mukaba mwifuza gusama inda bikanga, menya ko ari ikibazo.
Ikindi kandi iki ni ikibazo kwa muganga bazi, bityo ntuzicare mu rugo ngo wange
kujyayo ngo bakurebere ikibazo cyaba gihari. Uzageyo rwose.
KWA MUGANGA BAGUKORERA IKI?
Igihe rero uzaba ugeze kwa muganga,
hari ibizamini bagukorera kugira ngo barebe niba koko udusabo twawe tw’intanga
tugikora intanga ngore, niba kandi uwo mwashakanye mushakana umwana, bakareba
ko na we udusabo twe tw’intanga tugikora intanga ngabo ku buryo busanzwe kandi
bakareba niba izo ntanga ngabo ze zikura bihagije, zikaba zigifite ubushobozi
bwo gukora urugendo rwo kuzajya guhura n’intanga ngore.
ARIKO SE IMPAMVU ZABITERA NI IZIHE?
IMPAMVU ZATURUKA KU MUGORE
1. Hari igihe bashobora gusanga waragize ikibazo
kitwa Polycystic ovary syndrome (PCOS). Ahangaha ni igihe umubiri wawe wagize
ibibazo by’imisemburo igenga uko intanga ngore zikura zikarekurwa, bityo bikaba
bitagikorwa neza n’ubwo mbere byakoraga.
2. Na none ibi bishobora guterwa n’ikibazo kitwa endometriosis.
Iki ni ikibazo kibaho, aho ibyakiremye mu mura byitegura ko intanga ngore
izarekurwa, ahubwo noneho byirema ahandi hantu. Urugero, nk’iruhande rw’udusabo
tw’intanga ngore, cyangwa se mu miyoborantanga, ku buryo bihatera kuziba, bityo
kongera gutwita ntibikunde. Ibi na byo ngo ni bimwe mu bikunda kuba byafata
umugore kandi yari yarigeze kubyara bwa mbere.
3. Bishobora na none guterwa n’uko warwaye
indwara yitwa Pelvic inflammatory disease (PID). Iyi ni indwara ishobora
kugutera kutabasha kongera gusama, igihe yatumye nko mu miyoborantanga yawe
hasa n’ahikanya hakegerana, hakaba nk’ahafatana bityo hakaziba. Ibi bibaho iyo
iyi ndwara ya PID wayanduye ariko ntuyivuze vuba. Iyi PID, ukaba ushobora
kuyiterwa no kuba waranduye indwara zifata imyanya ndangabitsina ntuzivuze
bwangu. Iya mbere ibitera kurusha izindi ngo ni chlamydia, igakurikirwa
n’imitezi, ndetse n’izindi. Ugize iki kibazo nyuma yo kubyara umwana wawe wa
mbere rero, na bwo bishobora kukuviramo ingorane zo kutongera kubyara undi
mwana. Ikibazo cya PID, ni uko ushobora no kutamenya ko uyirwaye, kuko ngo hari
igihe rwose nta bubabare wumva.
4. Ushobora no kuba usanzwe ugira ukwezi
guhindagurika bikabije, ha handi uba udashobora kumenyera ikindi gihe imihango
izazira. Bikaba byarahozeho, cyangwa bikaba byaraje nyuma yo kubyara.
5. Ushobora no kugira ikibazo cyo gutwitira hanze
y’umura, maze bikaba byakwangiza umura cyangwa se imiyoborantanga yawe. Bibaye,
ntibyagukundira kongera kubona undi mwana.
6. Mu gihe waba warabyaye bakubaze ku nda
yabanje, hari igihe mu kugukorera ceasarean hashobora kukuviramo kuba umura
wagira uko wangirika, ku buryo bizagorana ko hongera kugira igi rihicara, bityo
gusama ntibikunde.
IMPAMVU ZATURUKA KU MUGABO
7. Aha ni mu gihe haba hari icyatumye umubare
w’intanga ngabo agira ugabanyuka, cyangwa se amasohoro akaba make cyane,
cyangwa se intanga ngabo ze zikaba zisigaye zipfa vuba, zisigaye zifite
ubunebwe zitabasha kwihuta, n’ibindi. Bimwe mu bishobora kuba byatuma intanga
ngabo n’amasohoro by’uwo mwashakanye bidakomeza kuba byiza uko bisabwa, birimo
kunywa itabi ryinshi, harimo kuba asigaye anywa inzoga cyane kurusha mbere,
harimo kuba afite akazi yabonye ahantu hatuma ahora mu bushyuhe bukaze nko
gukora muri “imprimerie” cyangwa mu bikoni binini cyane by’amashuri, gutwara
moto umunsi wose kandi buri munsi hari igihe bibangamira ikorwa ry’intanga
ngabo ku bagabo bamwe, kwambara imyambaro imufashe cyane ku dusabo tw’intanga
ngabo n’ibindi
8. Kuba umugabo yagira ikibazo gituma
umuyoborantanga we uziba na byo byaba intandaro, kuko icyo gihe intanga ngabo
zitabona aho zizajya zisohokera zijya guhura n’intanga ngore.
9. Kuba imitsi ikikije udusabo tw’intanga yaba
minini igatangira kunyuramo amaraso menshi atuma dushyuha, ari byo byitwa
varicocele, n’ibindi.
IMPAMVU MWAHURIRAHO:
10. Ku mugore no ku mugabo, uko umwe muri mwe,
cyangwa mwembi, mutangira kurenga imyaka 35, hari byinshi bidakora neza nk’uko
byakoraga kera, kuko imisemburo ibigenga imwe n’imwe iba yatangiye kugabanyuka
ugereranyije na kera.
IMPAMVU ZATURUKA KU BUZIMA BUSANZWE:
11. Ibi byose ushobora kujya kwa muganga bakabura
na kimwe bakubwira ko cyakubayeho. Ikiruta byose, ugomba kudahangayika kuko na
byo bishobora kuba intandaro yo kutabasha gusama.
12. Ikindi cyo mu buzima busanzwe gishobora gutuma
utabona urubyaro, ni nko kuba usigaye ufata indyo nkene, kuba ufite ibintu
bigutesha umutwe cyane (stress), kunywa inzoga nyinshi, kunywa ikawa nyinshi, kunywa
itabi ryinshi n’ibindi
13. Kudakora siporo na mba, kubyibuha cyane
14. Kunanuka cyane ugereranyije n’uko wanganaga
mbere
15. Kuba umwe muri mwe akora mu ruganda runaka, ku
buryo ibyuka byaho bishobora kwangiza ivuburwa ry’ingano y’imisemburo igenga
iyororoka
IKITONDERWA:
Ibuka ko ibingibi ari impamvu
zishoboka, ariko hashobora kuba haboneka n’izindi zitavuzwe hano. Ikindi kandi,
si ko ibyavuzwe aha buri gihe bitera uwo bibayeho kubura urubyaro, ariko
birashoboka ku bantu bamwe.
(Wakurikira amasomo n’ibisubizo ku buzima
bw’imyororokere bikugeraho buri munsi mu majwi kuri telefoni yawe wohereza
akajambo NN1 kuri 2656, ukaba wiyandikishije muri serivisi ya Njye Nawe na
Emma-Claudine, ukaboneraho no kujya ubaza ibindi byinshi usubizwa mu buryo
bworoshye kuri telefoni yawe. Amategeko n’Amabwiriza barayakubwira. Nanone
wareba hejuru kuri paji ya facebook ya Emma-Claudine, ugakanda ahanditse “send
Email”, maze ukanyoherereza ubutumwa wifuza kungezaho nkazagusubiza. Urakoze).
Source:
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire